Quantcast
Channel: National – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 1088

Umutekano ni imbuto y’ubuyobozi bw’ubuyobozi bwiza-Min. Musa Fazil Harelimana

$
0
0

Umutekano ni imbuto y’ubuyobozi bw’ubuyobozi bwiza-Min. Musa Fazil Harelimana

Ubwo Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana yatangizaga Itorero ry’Imbanzabigwi  mu gukumira ibyaha,  kuri uyu wa Mbere,  tariki  30/03/2015, i Nkumba  mu Karere ka Burera  yashimangiye  ko umutekano usesuye urangwa mu gihugu  cyose  ari umusaruro w’ubuyobozi bwiza.

Minisitiri Fazil agira ati “ Umutekano ni imbuto z’ubuyobozi bwiza hatari ubuyobozi bwiza nta mutekano. Itorero ritangijwe uyu munsi  ry’imbanzabigwi mu gukumira ibyaha ariko no kubitahura, mufite akazi  gakomeye ni ukuvuga ngo dufite igihugu; dufite ubuyobozi bwiza dufatanye na bwo kugira ngo iki gihugu gikorerweho ibyiza; ntigikorerweho ibibi.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana,  yabwiye abitabiriye itorero ko   Umutekano ni ishingiro ry’iterambere kuko  Abaturwanda  b’ibyiciro bitandukanye   bakora imirimo yabo  mu mudendezo usesuye, n’ abashoramari bakarushaho gushora imari mu gihugu  iterambere rikarusheho kugerwaho.

Yabasabye  gusesengura  ibyahungabanya umutekano  mu duce   batuyemo  no gutanga amakuru ku gihe ku nzego zibishinzwe  kugira ngo  ibyo byaha  bitahurwe kandi bikumirwe hakiri kare.

Umutekano ni imbuto y’ubuyobozi bw’ubuyobozi bwiza-Min. Musa Fazil Harelimana

Ngo   inshingano  ya buri mu Munyarwanda gukorera ubushake yitangira  igihugu, agashimishwa ni uko hari umusanzu yatanze mu kubaka igihugu cye   kuko   nta wundi  uzitangira u Rwanda  uretse Abanyarwanda bo ubwabo.

Ati “Tugomba guhora twitangira igihugu cyacu mu buryo bwinshi uvuga uti ‘nibura mu gihe cyanjye hari icyo nakoze kugira ngo u Rwanda rigire aho rugere.”

Biteganyijwe ko  mu gihe cy’icyumweru bazamara mu itorero bazahabwa  ibiganiro bitandukanye  ku  mateka y’u Rwanda,  gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”  banakore  imikoro-ngiro, imyitozo-ngororamubiri,  akarasisi no gutarama bya Kinyarwanda.

Bazahabwa  kandi ubumenyi bujyanye n’ubukoreshabuke mu gukumira ibyaha buzabafasha gusohoza inshingano zabo neza.

Umutekano ni imbuto y’ubuyobozi bw’ubuyobozi bwiza-Min. Musa Fazil Harelimana

Ingabire Vestine na  Kalisa Abdulkarim, bamwe mu  bitabiriye itorero ry’imbanzabigwi,  bavuga ko ubumenyi bazahakura  buzatuma bakorana akazi kabo ubushishozi  barushaho gukangurira abaturage kugira uruhare mu gukumira ibyaha.

Iri torero ryiswe “Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha”  ryitabiriwe n’ abantu  506 barimo urubyiruko rw’abakorerabushake n’inkeragutabara za polisi.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 1088

Trending Articles