Bishimiye ko amatora yakozwe mu mutuzo
Abaturage batoreye kuri site zitandukanye mu karere ka Ruhango, bashimishijwe n’uko amatora y’abadepite yabaye tariki ya 16/09/2013 yagenze.
Aba baturage bakavuga ko nta dushya twigize tugaragara nk’uko byari bisanzwe mu yandi matora bagiye bitabira.
Bayizere Yosefa ni umwe mu baturage batoreye kuri site ya GS Nyamagana, avuga ko ashimishwa n’uko amatora yabereye mu karere atuyemo yagenze.
Agira ati “nakomeje gukurikirana ibitangazamakuru bitandukanye, nkumva baravuga uduce tumwe na tumwe ko amatora atagenze neza, ariko mu karere kacu ho sinigenze mbyumva. Ubwo rero ndumva ko aribyo kwishimira.
Richard Mugisha uhagarariye komisiyo y’amatora mu karere ka Ruhango, nawe ashimingira iby’aba baturage, akavuga ko aya matora y’abadepite muri ruhango yagenze neza ku kigereranyo cya 97’5%.