Quantcast
Channel: National – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 1088

Rulindo: umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatangije ibiro bishya bya polisi

$
0
0

tariki ya 27/4/2015, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo gutaha inyubako izajya ikoreramo  polisi y’igihugu, iyi nzu ikaba iherereye mu mudugudu wa Buhande ,Akagari ka Gasiza murenge wa Bushoki.

Rulindo: umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatangije ibiro bishya bya polisi

Ataha iyi nyubako nshya  ku mugaragaro ,Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana,  yavuze ko ku bufatanye hagati ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’ Igihugu na Polisi y’u Rwanda,ubu hagiye kubakwa inyubako zizajya zikoreramo sitasiyo za polisi muri buri murenge w’u Rwanda ,nibura  bitarenze tariki ya 1 /7/2015, imirenge yose mu gihugu ikazaba ifite Sitasiyo za Polisi.

Ibi ngo bikazaba biri  muri gahunda yo kurushaho kwegereza abaturage seririsi nziza kandi zihuta ,nk’uko Polisi y’u Rwanda ibikora

IGP Emmanuel Gasana yavuze ko ibi bikorwa byose biba biri muri gahunda zo kwishakamo ibisubizo n’ubushobozi, hagamijwe iterambere n’umutekano urambye by’igihugu.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Bosenibamwe Aimé nawe wari uri muri uyu muhango ,akaba yavuze ko bazakomeza kunganira na Polisi mu bikorwa bitandukanye ,birimo gucunga umutekano n’ibindi ,kubera uruhare rwayo rukomeye mu kubungabunga mutekano w’igihugu.

Ubusanzwe abakekwagaho  ibyaha bitandukanye mu mirenge mu karere ka Rulindo ,bafatwaga bakarara mu biro by’imirenge , bakagezwa kuri sitasiyo za Polisi nyuma kubera ko akenshi biba bisaba gukora ingendo babajyana kuri sitasiyo ya polisi iri nko mu wundi murenge.

Kugeza ubu mu karere ka Rulindo habarizwa imirenge igera kuri 17, naho  sitasiyo za Polisi zikaba ziri mu mirenge itatu ari yo Murambi,Shyorongi na Kinihira.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 1088

Trending Articles