Quantcast
Channel: National – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 1088

Gakenke: Biyemeje gukaza umutekano mu minsi mikuru ya noheli n’ubunani

$
0
0
m_Biyemeje gukaza umutekano mu  minsi mikuru ya noheli n’ubunani

Abayobozi b’imirenge basabwe gukaza amarondo muri iyi minsi mikuru.

Inama y’umutekano yaguye yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 24/12/2013 yasabye  abayobozi b’imirenge hamwe n’abashinzwe umutekano gukaza umutekano muri iyi minsi mukuru ya noheli n’ubunani kuko hakunda kuboneka ibyaha byinshi.

Mu minsi mikuru  isoza umwaka cyane cyane noheli,  abaturage  bayizihiza  bishimisha banywa inzoga nyinshi  zigakurura urugomo, bityo kugira ngo  ibyaha bikumirwe  utubari twose tugomba gufunga bitarenze saa mbili z’ijoro.

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias yagize ati: “Mukore ibishoboka byose incidents, ibyaha byaba mu minsi mikuru byaba bike, utubari tufungirwe ku gihe.”

Ikindi,  iyi nama yasabye ko hongerwa imbaraga mu gukora  amarondo mu dusentere tw’ubucuruzi muri iki gihe cy’iminsi mikuru mu ntumbero yo gukoma mu nkokora ibintu bishobora guhungabanya umutekano.

Mu bindi inama yagarutseho, ni ubujura bw’ibirango by’igihugu [ibendera] aho mu kwezi kumwe ibyaha nk’ibi byabaye muri uku kwezi kutararangira bigera kuri bitatu, abaturage baturiye ibiro by’utugari bagomba gukora irondo ku biro bw’akagari kandi bikagenzurwa niba bahagerera kare  kandi batahira ku gihe.

Muri uku kwezi kw’Ukuboza,  ibyaha byabaye bigera ku 10, ibyinshi byatewe n’ubusinzi n’amakimbirane yo mu muryango,  bikaba  byaragabanutse ugereranyije n’ukwezi gushize ariko hari impungenge z’uko  byakwiyongera hatabayeho ingamba zihamye zo gucunga umutekano zihariye.

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 1088

Trending Articles